Abaturage ba Tanzania baturiye igice kiri kubakwaho urugomero rwa Rusumo ruhuriweho n’ibihugu bitatu birimo u Rwanda, u Burundi na Tanzania batangiriye imodoka z’abaminisitiri batatu babagezaho ikibazo cy’inzu zabo zangiritse bitewe n’intambi zituritswa bubaka uru rugomero.
Ibi babikoze tariki 6 Ukuboza 2019 ubwo aba baminisitiri basuraga uru rugomero rwitezweho gutanga umuriro ungana na Megawatt 80 zizacanira abaturage barenga miliyoni imwe baturuka muri ibi bihugu bitatu.
Ubwo bari bahagurutse ku biro by’abinjira n’abasohoka bya Tanzania bitambitswe n’abaturage baturiye uru rugomero benshi bafite ibyapa abandi bavugira hejuru ko intambi zikoreshwa hamenwa amabuye bashakisha inzira yaho amazi azaca bibasenyera inzu bakavuga ko bifuza indishyi cyangwa bagahagarika iyubakwa ry’urwo rugomero.
Bavugaga ko nibura inzu zigera kuri 347 arizo zimaze kwangizwa n’izo ntambi.
Umwe mu bakozi bashyizweho bakurikirana iki kibazo Niyibitanga Leonidas uturuka mu gihugu cy’u Burundi yabwiye IGIHE ko koko iki kibazo bakizi ndetse batangiye no kugikurikirana gusa ngo basanze inzu zasenyutse ari 22 abandi ngo ntacyo zabaye ahubwo barifuza kugurirwa.
Niyibitanga yakomeje avuga ko kuri ubu barekeye gukoresha intambi kandi ngo abo 22 basanze inzu zabo zifite ikibazo barishyuwe kubufatanye na Banki y’Isi.
Nyuma y’iminota igera muri 20 aba baturage bahagaritse aba bayobozi minisitiri w’ingufu muri Tanzania Dr Medard Kalemani yasabye aba baturage kwihangana ngo hari itsinda ryashyizweho rizakurikirana iki kibazo, yabijeje ko mu minsi ya vuba azagaruka kubareba no kureba ko ikibazo cyakemuwe.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo mu Rwanda Amb. Gatete Claver we avuga ko koko urutambi rwabanje guteza ibibazo birimo urusaku no gusenya inzu z’abaturage.
Ati” Kuva mu kwezi kwa gatandatu twagize ikibazo cy’urutambi twakoreshaga aho rwasenye inzu 22 ndetse zikanasakuriza abaturage ariko ubu izo nzu ziri gukorwa.”
Yakomeje avuga ko hari ibikorwa bizabanza gukorwa kugira ngo gukomeza kubaka bidakomeza kubangamira abaturage.
Mu gihe uru rugomero rwa Rusumo ruzaba rumaze kuzura, ibihugu byose bizagabana amashanyarazi mu buryo bungana , buri gihugu kikazajya kibona Megawatt 26.6.
Izi ngufu zizagira uruhare mu gucanira abaturage miliyoni 1.146 barimo abarundi ibihumbi 520 bangana na 5.4%, abanyarwanda ibihumbi 467 bangana na 4% ndetse n’Abanya-Tanzania ibihumbi 159 bangana na 0.34%
Uru rugomero rwatangiye kubakwa muri Gashyantare 2017 ku nkunga ya Banki y’Isi ingana na miliyoni 340 byari byitezwe ko ruzarangira 2021 mu kwezi kwa Karindwi ariko abaminisitiri basabye ko rwuzura mbere yaho kugira ngo abaturage batangire kurubonamo umusaruro.
muhaziyacu.rw





