MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Abaturage bibukijwe kuzirika ibisenge by’inzu zabo mu rwego rwo kwirinda ibiza

Protogene BikorimanaYanditswe na Protogene Bikorimana
20/08/2025

Mu rwego rwo gukumira ingaruka zaterwa n’ibiza biterwa ahanini n’imvura nyinshi iherekejwe n’umuyaga, abaturage bibukijwe akamaro ko kuzirika ibisenge by’amazu yabo kugira ngo barusheho kurinda ubuzima bwabo n’ibyabo.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, muri iki gihe hirya no mu Gihugu hari kugwa imvura nyinshi yiganjemo umuyaga.

Yagize ati: “Abaturage bacu turabakunda kandi dushaka ko bagira umutekano usesuye. Gufata ingamba zo kuzirika ibisenge by’amazu si ikintu cy’imbere mu rugo gusa, ahubwo ni isoko y’umutekano w’umuryango n’umutuzo w’umuturage. Twese dukwiye kubigira umuco kugira ngo imvura, umuyaga cyangwa se ibindi biza byadutunguye bitazatwangiriza.”

Yakomeje ati: “Gukumira ibiza bitangira ku muntu ku giti cye, bikagera ku muryango, bikaba n’inyungu rusange ku Gihugu cyose. Uwo ni umuco dushaka ko abaturage bose bagira.”

Bamwe mu baturage bagaragaje ko ibiza ahanini nabo hari ubwo babigiramo uruhari, banashimangira ko bagiye gushyira mu bikorwa ibyo basabwe.

Mukamana Consolée, umwe mu baturage wo mu Murenge wa Nyagatare, yagize ati: “Hari umuturanyi duturanye utaraziritse neza amabati, ubu ngiye kumugira imana yo kuzirika kandi neza kugira ngo azirinde ko umuyaga wabitwara cyangwa imvura yabisenya. Natwe ahanini tujya tugira uruhari mu kwiyangiriza; ugasanga umuntu yubatse mu manegeka, ntiyaziritse igisenge cye kandi akumva ntacyo bimubwiye. Ni ukubyitaho imvura itaraba nyinshi.”

Naho Mugenzi Alphonse, ati: “Gahunda ni ukubyitaho umuhindo utaraza ngo imvura ibe nyinshi idusenyere. Tugiye gufatanya n’abaturanyi tuzirike ibisenge byacu kugira ngo twese tubane mu mutekano.”

Murekatete Juliet, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Protogene Bikorimana

Protogene Bikorimana

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Intara yashimiye Akarere ka Kirehe kitwaye neza mu gutsindisha abanyeshuri

Intara yashimiye Akarere ka Kirehe kitwaye neza mu gutsindisha abanyeshuri

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU