Mu Gihugu hose hatangiye ku mugaragaro gahunda y’Itorero ry’urubyiruko ruri mu biruhuko, igikorwa kigamije gutoza indangagaciro, umuco nyarwanda n’uburere mboneragihugu abanyarwanda bato. Iyi gahunda izamara igihe cy’ukwezi n’igice, ikaba ifite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuzima bwiza, agaciro kanjye”
Mu Karere ka Nyagatare, iyi gahunda yatangirijwe ku mugaragaro mu Murenge wa Katabagemu, by’umwihariko kuri GS Nyakigando, aho abayobozi n’abana biganjemo abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bahuriye mu birori by’imihigo, ibiganiro n’ibikorwa bitandukanye byigisha ubunyarwanda, kwiyubaha no gukunda Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yasabye abana kubyaza umusaruro aya mahirwe bahawe, kugira ngo barusheho kuba intangarugero mu miryango no mu Gihugu.
Yagize ati: “Itorero ni umusingi ukomeye wubakira ku ndangagaciro z’umuco wacu nk’Abanyarwanda. Muzatega amatwi mwige neza, bizabafasha kubaho neza, kwigirira icyizere no kubaha abandi. Ubuzima bwiza ni iterambere, kandi buri wese agomba kwiga kububungabunga no guharanira agaciro ke.”
Meya Gasana yakomeje asaba ababyeyi gushyigikira iyi gahunda no guha abana amahirwe yo kuyitabira uko bikwiye, kuko ari yo nkingi y’iterambere rirambye ry’Igihugu.
Bamwe mu banyeshuri bashimishijwe cyane n’iyi gahunda. Mugisha Robert, wiga mu mwaka wa 2 w’icyiciro rusange (S2), yavuze ko ashimishijwe n’uko azungukira byinshi muri iri torero.
Yagize ati: “Muri iri torero tuziga indangagaciro zituma twubaha Igihugu cyacu, tukiyubaha kandi tukarwanya ibishuko bituma urubyiruko rudindira. Nzaharanira kuba umunyeshuri w’intangarugero kandi wubaha buri wese.”
Naho Niyonzima Valens, wiga mu mwaka wa 5 w’amashuri abanza, yunzemo agira ati: “ Tuziga uko twabana neza n’abandi, uko twakunda Igihugu cyacu n’icyo bisaba ngo tube abana beza kandi bubaha.”
Iyi gahunda izasozwa ku itariki ya 29 Kanama 2025, aho na nyuma yaho bazakomeza gushishikarizwa gukomeza kuba intumwa nziza mu bandi bo mu miryango no mu mashuri bigamo.










