MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Loni yashimye ubutabera bw’u Rwanda inagaragaraza ahashyirwa imbaraga

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
28/10/2024
Ozonnia Ojielo uhagarariye Loni mu Rwanda yashimye intambwe u Rwanda rugezeho mu bumwe, ubwiyunge n'ubutabera

Ozonnia Ojielo uhagarariye Loni mu Rwanda yashimye intambwe u Rwanda rugezeho mu bumwe, ubwiyunge n'ubutabera

Umuhuzabikorwa w’Amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda Ozonnia Ojielo yashimye intambwe u Rwanda rumaze kugeraho mu butabera no guhuza abantu bitabaye ngombwa ko bagana mu nkiko,avuga ko bishimishije nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa mbere, ubwo mu Karere ka Nyagatare haberaga umwiherero w’iminsi ibiri ku nshuro ya cumi w’abafite aho bahuriye n’ubutabera,ubwiyunge,uko amategeko ashyirwa mu bikorwa n’ituze ry’abaturage.

Ozonnia Ojielo yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ishimishije ariko ko hagikenewe gukora ibintu mu buryo butandakanye n’abafatanyabikorwa bakabigiramo uruhare.

Yagize ati” Turabona ko u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu bimwe n’ubwiyunge no kubanisha abantu, ibihugu byose bigomba gushyiraho komisiyo yo kubanisha abantu nk’uko u Rwanda rwabikoze kandi tuzakomeza kugenzura uko bikorwa. Tugomba kureba uko abaturage badafite amahirwe n’ubushobozi bafashwa ndetse tukubaka ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga dufatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo ubutabera bugere kuri bose.”

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere mu Rwanda( UNDP), Fatmata Lovetta Sesay yavuze ko yishimira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho birimo kurandura ubukene kandi ngo kuburandura bisaba ubutabera kuri bose ariyo mpamvu bafasha inzego z’ubutabera mu Rwanda.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rugeze ku ntera ishimishije mu butabera ariyo mpamvu rubasha gutegura umwiherero nk’uyu kandi ngo hari ibihugu bidashobora gutegura uwo mwiherero bityo ngo ni icyitegererezo mu bihugu bya Afurika.

Minisitiri w’Ubutabera Dr. Ugirashebuja Emmanuel we yavuze ko hari byinshi bikorwa mu butabera ariko ngo uko bagenda bakora byinshi ni nako abantu bagira icyizere mu butabera rimwe na rimwe abantu bakabura umwanya wo gucyemura impaka baba bafite kubera icyizere baba bafitiye ubwo butabera ngo ari nabyo bitera ubucucike bw’imanza mu nkiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr. Ntezilyayo Faustin yavuze ko bareba niba amategeko bashyizeho akurikizwa kandi ngo bagomba gukuraho imbogamizi zikigaragara.

Yagize ati” Ubutabera bwacu bugomba gushaka udushya tugezweho tugamije gutanga ubutabera ku baturage bacu twifashishije ikoranabuhanga.”

Politiki yo gukemura imanza hatisunzwe inkiko mu Rwanda imaze gukemura imanza zirenga ibihumbi 13 zacyemuwe zitageze mu nkiko ndetse hari n’imanza mbonezamubano zisaga 3000 abacamanza bakemuye mu bwumvikane hagati y’abakoze icyaha n’abagikorewe batagannye inkiko.

Ozonnia Ojielo uhagarariye Loni mu Rwanda yashimye intambwe u Rwanda rugezeho mu bumwe, ubwiyunge n’ubutabera
Dr. Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko bamaze kurangiza imanza zisaga ibihumbi 12 hatisunzwe inkiko
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr. Ntezilyayo Faustin yavuze ko bagomba guhanga udushya mu butabera

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere
Abagore

Rwamagana: 90% by’abagore bari mu bikorwa by’iterambere

22/08/2026
Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu
Amakuru

Rwamagana: Irondo ry’umwuga ryafashe umugabo ukekwaho kwiba inka eshatu

22/08/2026
Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama
Amakuru

Ngoma: Urubyiruko rushaka gukora ubuhinzi rudafite ubutaka rwagiriwe inama

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Bugesera: Abahinzi b’umuceri bamazwe impungenge z’amasoko

Bugesera: Abahinzi b’umuceri bamazwe impungenge z’amasoko

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU