MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Nyagatare: Urugaga rw’Abikorera rwabonye umuyobozi mushya wazanye ingamba nshya

Felix NyabyendaYanditswe na Felix Nyabyenda
12/10/2024
Rugema Emmanuel yavuze ko azashishikariza abashoramari kubaka inganda zikora iby'ubuhinzi n'ubworozi

Rugema Emmanuel yavuze ko azashishikariza abashoramari kubaka inganda zikora iby'ubuhinzi n'ubworozi

Perezida mushya w’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Karere ka Nyagatare akaba n’umujyanama mu Nama Njyanama y’aka Karere, Rugema Emmanuel yavuze ko azibanda mu gukora ubuvugizi hakubakwa inganda zikora ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’izikora imyenda mu rwego rwo guhanga imirimo myinshi ku rubyiruko.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2024, ubwo yari amaze kurahirira kuba Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Nyagatare imbere ya Visi Perezida w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare Gisaro Jean Paul n’Umwanditsi Mukuru warwo Uwitonze Célestin.

Rugema Emmanuel yabwiye MUHAZIYACU ko imigabo n’imigambi ye irimo kubaka kubaka Umujyi wa Nyagatare mu buryo bugezweho, yavuze ko kuba ari Umujyi wunganira Kigali kandi urimo ubuhinzi n’ubworozi yumva bagiye gushishikariza abashoramari kuza bagashora imari yabo mu nganda zikora iby’ubuhinzi n’ubworozi.

Yavuze ko kandi afite n’izindi ngamba z’ubukerarugendo aho bafata ishyamba ryo ku Muvumba bakarikoramo icyanya kirimo inyamaswa zisurwa.

Ati” hazanabaho gutegura inama z’ishoramari dufatanyije n’Akarere na Njyanama, hakabaho n’ikindi gitekerezo cyo gushyiraho ibyanya bitanyuramo imodoka( car free zones) tuyishyizeho niho urubyiruko ruzabonera akazi kandi n’ubucuruzi bwatera imbere nk’uko n’indi mijyi nka Kigali babikoze.”

Yakomeje avuga ko kandi nk’umwubatsi wabigize umwuga azashishikariza abashoramari kubaka uruganda rukora imyenda kuko rutanga akazi kenshi ndetse ngo hanakenewe kubakwa amahoteli menshi. Yavuze ko mu Mujyi wa Nyagatare harimo ibibanza bitubatse kugira ngo wa mukerarugendo waje abone aho arara kandi abashoramari bakagira umuco wo gukora amasaha 24 kuri 24 mu rwego rwo gutanga serivisi nziza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba Dr. Nyirahabimana Jeanne yasabye Perezida mushya wa PSF gufatanya n’abandi bajyanama bagateza imbere ishoramari kugira ngo umutungo uzamuke nk’Akarere kunganira Kigali ndetse n’imisoro yinjizwa mu Karere yiyongere.

Perezida mushya w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Nyagatare, Rugema Emmanuel yasimbuye Kamurase Laurent. Kuri ubu abigize uru rugaga bishimira kuba basigaye bahagarariwe mu nzego zifata ibyemezo bikaba bibatera imbaraga zo guteza imbere ibikorwa byabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburazirazuba Dr. Nyirahabimana Jeanne yasabye ko imisoro yinjizwa mu Karere yiyongera
Rugema Emmanuel yavuze ko azashishikariza abashoramari kubaka inganda zikora iby’ubuhinzi n’ubworozi

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Felix Nyabyenda

Felix Nyabyenda

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Kirehe: Abagore bagize itsinda ‘Berwa Kiyanzi’ babonye inyungu mu kwishyira hamwe

Kirehe: Abagore bagize itsinda ‘Berwa Kiyanzi’ babonye inyungu mu kwishyira hamwe

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU