Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab arasaba abahinzi kwitabira guhinga ibijumba kuko hari isoko rikomeye ryabo muri aka karere, ahari uruganda rubyongerera agaciro mu Murenge wa Mwulire.
Mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru ku biro by’akarere biri mu murenge wa Kigabiro, Meya Mbonyumuvunyi yagarutse ku gihingwa cy’ikijumba kiri kongererwa agaciro mu karere ka Rwamagana,
Ati: “Mu mpeshyi hari ubwo twajyaga tugira umusaruro w’ibijumba ukaba mwinshi ndetse bikangirika, rimwe abahinzi bakabita mu isoko byabuze abaguzi, ubu twizeye isoko kuko impamvu abantu batabihingaga cyane ni uko batari bafite isoko.”
Meya Mbonyumuvunyi akangurira abaturage batuye i Rwamagana n’utundi turere duturanye guhinga ikijumba kuko ari imari ishyushye.
Hari umwe muri ba rwiyemezamirimo wo mu karere ka Rwamagana wiyemeje kongerera agaciro ikijumba, aho gikorwamo imigati, amandazi n’ibisuguti.
Habumuremyi Jean Marie Vianey ni we nyiri Uruganda ‘Ikijumba Coffee Shop’ ruri mu murenge wa Mwurire, yemeza ko ibyo bakora bakeneye ibijumba byinshi cyane batarabona.
Yagize ati: “Ibijumba dukeneye uyu munsi ntabwo turi kubibona, dufite ibijumba biringaniye, ibyinshi twifuza ntabwo biri kuboneka nibura dukeneye kujya dukoresha toni eshatu ku munsi, ibijumba dukoresha ni ibya oranje, uyu munsi tubona nka toni imwe ariko ibyo dukeneye birenze ibyo ngibyo.”
Habumuremyi yemeza uyu mushinga yari awumaranye imyaka 16 awutekereza, ubu nibwo awushyize mu bikorwa.
Akomeza avuga ko kugira ngo bahaze isoko kandi hakoreshejwe imbaraga z’imashini z’uruganda zifite ubushobozi bwo gutunganya toni 20 z’ibijumba ku munsi.
Mukankusi Veneranda ni umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 65, afite imirima aho bita Kavura, yemeza ko akunda ikijumba kuko cyamureze, yakomeje agira ati: “Hari igihe ikijumba cyateshejwe agaciro hakagira abavuga ko bashaka ko gicika, icyo gihe nagize agahinda cyane nkibaza ukuntu ikijumba cyandeze nanjye nkakireresha abanjye kigiye gucika.”
Mukankusi akomeza avuga ko na we agiye gushaka uyu rwiyemezamirimo bagafatanya guhinga ibijumba akeneye kuko ngo bitagorana kandi byerera amezi atatu gusa.
Amakuru MUHAZIYACU ikesha abashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Rwamagana ni uko bitoroshye kubara ubuso iki gihingwa gihingwaho, mu mibare bafite ni uko gihingwa ku buso bwa hegitari zigera ku 147. Iyi mibare yari ishingiye ku gihe ibijumba byeze neza hashingiwe ku musaruro wavuyemo uri hagati ya toni 20 na toni 25 kuri hegitari.













