Abana babaho mu buzima bwo ku muhanda bamwe bita ‘Marine’ baratungwa agatoki mu guteza umutekano muke mu Murenge wa Mukarange, mu Karere ka Kayonza aho bambura abaturage bakanasagararira abo mu nzego umutekano.
Haba ku manywa y’ihangu cyangwa ku mugoroba kugendana telefone mu ntoki cyangwa kugenda uyivugiraho bimaze kuba ikibazo mu isantere ya Mukarange, ifatwa nk’umujyi w’Akarere ka Kayonza kubera kwikanga abo bana baba mu buzima bubi bwo mu muhanda,
Abakorera i Mukarange bavugwa ko hari n’ubwo habaho kwamburirwa mu ruhame ntihagire ugutabara kuko yanga ko navuga ‘Marine’ ziza kumumerera nabi. Abaturage bavuga ko ikibatera impungenge kurushaho ari uko izo Marine nta rwego na rumwe zitinya mu z’umutekano.
Amakuru yizewe MUHAZIYACU ifite ni uko mu minsi ishize imwe muri Marine yadukiriye ushinzwe umutekano wari ku burinzi ku muhanda mu ijoro imukubita urushyi. By’umwihariko muri uku kwezi kwa Mutarama 2022 abo bana bo mu muhanda bakaba barasagarariye mu buryo buteje impungenge, abo mu nzego z’umutekano zisanzwe zubashywe.
Umwe mu bagize DASSO nk’urwego rwunganira akarere mu mutekano, ukorera mu Mujyi wa Kayonza utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Ikibazo cya Marine kirakomeye byaba byiza cyane izindi nzego z’umutekano n’Ubuyobozi bukidufashijemo.”
Hari umwe mu baturage ucururiza mu isoko rya Kayonza wagize ati: “Marine wagira ngo zananiye abantu bose, nta muntu uvuga, baherutse kwiba umuntu hano, umwe mu batahamenyereye abwira uwo muntu bibye bagaruza ibye, ariko Marine zamugenzeho zimukebesha urwembe ku mugoroba.”
Ku tariki ya 27 Ukuboza 2021 Umunyamakuru wa MUHAZIYACU yavuganye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange Gatanazi Rongin ku kibazo cya ‘Marine’ zavugwaga ko zari zizengereje abaturage, mu magambo macye yasubije agira ati: “Muri iyi minsi mikuru Marine zose zakekwaga zarafashwe zijyanwa muri Transit center.”
Hari abaturage bavuga ko basanga nyuma y’iminsi mikuru abari barafashwe bose baragarutse, bagasubira mu bikorwa byabo by’ubujura no guhungabanya umutekano
Kagabo Jules utuye mu Kagari ka Kayonza yagize ati: “Abanyakayonza turarembejwe, mudutabarize kuko Marine ziri inaha ziteye ubwoba, kandi ikibazo gikomeye n’abayobozi ubwabo barabizi ariko ntacyo babikoraho.”
Icyifuzo cy’aba baturage ni uko ubugizi bwa nabi bugenda burushaho kwaguka muri Kayonza hakenewe irondo ryihariye rigafata abo bana bo mu muhanda bazwi nka ‘Marine’, dore ko muri bo harimo n’abafite imyaka itandatu; kandi ngo baifite ubuyobozi bugizwe n’abantu bakuru babakoresha.
Ikibazo cya ‘Marine’ zihangayikishije abatuye Umujyi wa Kayonza i Mukarange, aho kigeze ubu cyabaye icy’Intara y’Iburasirazuba kuko ngo usanga iyo hari abafashwe inkomoko zabo ziba zitandukanye. Harimo abaturuka i Rwamagana, za Rukara, Kabarondo, Kiramuruzi ndetse hari n’abafashwe baraturutse mu Mujyi wa Kigali.
Aganira na MUHAZIYACU kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba CG Gasana K.Emmanuel yagize ati “Kuri uyu wa gatatu dufite inama yihariye yiga kuri iki kibazo cya Marine i Kayonza, icyo twababwira ni uko inzego zose zagihagurukiye.”






