MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Miliyari 67 Frw zigiye gushorwa mu buhinzi buhangana n’amapfa

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
04/08/2026

Guverinoma y’u Rwanda yasinye amasezerano y’inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), azafasha Igihugu gukomeza guteza imbere ubuhinzi burambye, bujyanye n’imihindagurikire y’ibihe kandi bwongera umusaruro w’abahinzi.

Aya masezerano afite agaciro ka miliyoni 40 z’Ama-Euro, arenga miliyari 67 z’Amafaranga y’u Rwanda, akaba azifashishwa mu gushyigikira gahunda zigamije kongera ubushobozi bw’urwego rw’ubuhinzi no gufasha abaturage guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra, yavuze ko iyi nkunga ishimangira ubufatanye bumaze igihe hagati y’impande zombi mu guteza imbere ubuhinzi burengera ibidukikije.

Yagize ati: “Twishimiye cyane ko binyuze muri iyi gahunda turimo kurushaho gushimangira ubufatanye bwacu mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere no gushyigikira intego dusangiye zo guteza imbere gahunda z’ibijyanye n’ikirere ndetse n’urwego rw’ubuhinzi.”

Yakomeje avuga ko iyo gahunda igaragaza icyizere EU ifitiye gahunda z’iterambere ry’u Rwanda, by’umwihariko izikubiye muri Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST), ndetse ko izakomeza gushyigikira ibikorwa bifasha abaturage kubona umusaruro urambye.

Ambasaderi Belén Calvo yagaragaje ko icyiciro cya mbere cy’iyi gahunda cyatanze umusaruro mu guhuza ibikorwa byo kurengera ibidukikije n’iterambere ry’ubuhinzi, mu gihe icyiciro cya kabiri kizibanda ku kuvugurura politiki, kubaka ubushobozi bw’inzego zitandukanye no gushaka andi mafaranga azafasha gushyira mu bikorwa iyo gahunda.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yavuze ko iyi nkunga izafasha cyane uturere dukunze kwibasirwa n’amapfa, cyane cyane two mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba.

Yagize ati: “Dukeneye kongera umusaruro w’ubuhinzi kuri hegitari. Hari uturere twibasiwe n’amapfa, bityo gahunda zo kuhira imyaka ku buso buto zigomba kwagurwa.”

Yasobanuye ko ibikorwa bizashyirwa imbere birimo kongera ubuhinzi bubungabunga ubutaka, kurwanya isuri, guteza imbere ibiti bivangwa n’imyaka, gukoresha imbuto n’amoko y’ibiti bihanganira imihindagurikire y’ibihe, ndetse no kongera ubushakashatsi n’udushya mu rwego rw’ubuhinzi.

Dr. Ndabamenye yanagaragaje ko Guverinoma imaze gutoranya ibyanya bigega 13,379 bifite ubuso bwa hegitari zirenga 495,000 hirya no hino mu Gihugu, aho buri gice cyakorewe isesengura ry’ibikenewe kandi kigahabwa umukozi ushinzwe ubuhinzi ufasha abaturage kongera umusaruro.

Yavuze ko ubuhinzi budashobora gutandukanywa no kurengera ibidukikije, ashimangira ko hakenewe gukomeza guteza imbere uburyo buhendutse bwo kuhira imyaka, ubuhinzi buvanzemo ibiti no gufasha abahinzi bato kubona uburyo bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Yagize ati: “Urwego rw’ubuhinzi n’urw’ibidukikije bifitanye isano ya hafi. Tugomba kwigisha abahinzi uburyo bwo kuhira buhendutse, kongera ubuhinzi buvanzemo ibiti, guteza imbere ubuhinzi bubungabunga ubutaka no gukomeza gufasha abahinzi bato. Hari uturere dukeneye ishoramari rinini. Dukeneye gahunda ihuriweho izamura ubuhinzi burambye, iteza imbere uburyo bwiza bwo guhinga kandi igatanga imbuto zihanganira imihindagurikire y’ibihe.”

Iyi nkunga ni imwe mu zigaragaza ubufatanye bukomeje hagati y’u Rwanda na EU. Mu rwego rwa gahunda y’ubufatanye ya 2021–2027, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wiyemeje gutanga miliyoni 390 z’Ama-Euro azashyirwa mu nzego zirimo uburezi, guteza imbere ubumenyi n’akazi ku rubyiruko, ubukungu burengera ibidukikije, iterambere ridaheza ndetse n’imiyoborere myiza.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Kubaka umuryango utekanye no kurwanya inzoga z’inkorano zitemewe, mu byo Guverineri Rubingisa yagarutseho ku Umuganura 2026
Umuco

Kubaka umuryango utekanye no kurwanya inzoga z’inkorano zitemewe, mu byo Guverineri Rubingisa yagarutseho ku Umuganura 2026

07/08/2026
Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya
Ibidukikije

Hejuru ya 52% bya moto zapimwe byatsinze isuzuma ry’imyuka ihumanya

06/08/2026
Iburasirazuba: Abayobozi 108 barirukanywe bazira inzoga zitujuje ubuziranenge 
Amakuru

Iburasirazuba: Abayobozi 108 barirukanywe bazira inzoga zitujuje ubuziranenge 

05/08/2026
Rwanda FDA yafunze izindi nganda 101, izambura impushya zo gukora inzoga
Ubuzima

Rwanda FDA yafunze izindi nganda 101, izambura impushya zo gukora inzoga

03/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwanda FDA yafunze izindi nganda 27 zikora ibinyobwa bisembuye

Rwanda FDA yafunze izindi nganda 27 zikora ibinyobwa bisembuye

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU