Ku cyicaro cy’Akarere ka Rwamagana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2020 hatashywe ku mugaragaro ubukarabiro rusange bugezweho, abaturage basaba ko bugezwa hose mirenge 14 igize akarere.
Byakozwe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yashizweho na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yo kurwanya icyorezo cya Koronavirusi- COVID-19 aho abantu bashishikarizwa gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune.
Ubukarabiro bwafunguye i Rwamagana, bufite umwihariko w’uko iyo wegerejeho intoki amazi yizana, naho isabune ikoreshwa ni isanzwe y’ umuti uba ari muremure bashyira ahabigenewe, uje gukaraba akagira aho akanda hakaza utuvungukira twayo, akaba ari two akaraba.
Ubu bukarabiro rusange bwujuje gahunda yo guhana intera ya metero ku bantu bari kumwe, abantu umunani bashobora gukarabira rimwe, hakiyongeraho ko abafite ubumuga cyangwa abana na bo bafite aho bakarabira.
Bamwe mu batuye Akarere ka Rwamagana babwiye MUHAZIYACU ko ubukarabiro rusange nk’ubu bukenewe ahantu hose hahurira abantu benshi mu bice by’aka karere.
Ruhongeka Yunussu yagize ati :”Kwa kundi badusaba metero imwe, hariya birikora kuko irimo, ikindi abantu bashobora gukaraba ari benshi icyarimwe. Ahubwo igikenewe cyane ni uko bazubaka ahantu hose, nko ku isoko hakavaho bya bindi byo gukarabira kuri kandagirukarabe z’indobo, biriya byo bisa nabi.”
Niyigena Jeannine we avuga ko kuba ku karere hashyizwe ubukarabiro bwiza ari ibyo kwishimira.
Ati: “Hari kandagirukarabe yabaga hano ya kizungu yari yarananiye, yayindi y’umweru isaba gukandagira cyane. Iyo ngeze aho iri numva mbangamiwe, simbona imbaraga zo kwirirwa nyikandagira buri munota, naho iriya bubatse nasanze utegaho ibiganza gusa amazi akaza, iriya ni nziza; bakwiye kuyishyira ahantu hose.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Umutoni Jeanne avuga ko bazakomeza kureshya abafatanyabikorwa kugira ngo hubakwe ubukarabiro rusange buhagije.
Ati:“Dufite uko tuganiriza abafatanabikorwa bacu, tugatanga ubutaka, ibi kandi tubikangurira abaturage bacu kuko ikintu utagizemo uruhare rimwe na rimwe usanga utagihaye agaciro, kandi ibi ni intangiriro.”
Ubu bukarabiro rusange bwubatswe ku bufatanye n’abafatanyabikorwa ba SNV mu mushinga Isuku Iwacu uterwa inkunga na USAID. Bwubatswe mu byumweru bibiri, ngo bwuzura butwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni eshanu.
Hirya no hino mu Karere ka Rwamagana hari ahandi hatangijwe ibikorwa byo kubaka ubukarabiro rusange, urugero ni ahazwi nko kuri Yego Center.







