MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Kirehe: Abarezi barasabwa kuba intangarugero mu isuku mbere yo kuyikangurira abanyeshuri

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
17/01/2026

Mu gihe hakomeje ubukangurambaga bwo kwimakaza isuku mu bigo by’amashuri bwa ‘Fresheri Ku Ishuri’, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe bukangurira abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abarimu kuba intangarugero mu isuku n’isukura mbere yo kubishishikariza abanyeshuri; kuko abana baba bafata mwarimu nk’intangarugero mu bikorwa bitandukanye.

Ni ibikubiye mu butumwa butangwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mukandayisenga Janvière muri ubu bukangurambaga bugamije gukangurira abarezi n’abanyeshuri kwimakaza isuku ku ishuri haba ku kigo ndetse no ku myambaro bambaye.

Yibukije ko kugira ngo isuku igerweho ari uko igomba guhera kuri mwarimu akabanza akayumvisha abanyeshuri yigisha, ati: “Abarimu mugomba kuba intangarugero ku banyeshuri, mukareba ko mu gikoni hasa neza, mu bwiherero, ko nta hantu havuye urugi, ku buryo muhita mugikemura. Mukwiye kureba ko umwana yambaye imyenda isa neza, idacitse amakora umwana akaba asa neza cyane, kandi buriya abana bakura barebera ku barimu, kuko ni mwe kitegererezo kuri bo. Ikindi mu gihe muri kwigisha abanyeshuri, mujye munaganiriza abana mumenye ikibazo yaba afite mu gihe yambaye nabi, muvugane n’abayobozi ba mudugudu mumenye uko umwana abayeho. By’umwihariko ibiryo barya mujye mureba ko bihiye mbere yuko abanyeshuri bajya kubirya.”

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe baganiriye na MUHAZIYACU bavuga ko mu bigo babereye abayobozi n’ubundi iyi gahunda y’isuku yari isanzwe ihari gusa ko ubu bagiye kurushaho kuyimakaza no kuba intangarugero ku banyeshuri.

Umuyobozi w’Ikigo cya Rugarama II, Uwamariya Laetitia yagize ati: “Kuri ubu twe twimakaje isuku by’umwihariko aho abana bafatira amafunguro ku buryo haba hasa neza, abana bamara gufata ifunguro bakaba bafite ahantu heza bakarabira, kandi no ku bwiherero hakaba hari aho abana bakarabira l, ikindi mu kigo cyacu turi kwimakaza gahunda yo gutera ibiti, ku buryo haba hari imbuga isa neza, ubusitani busa neza kandi nta bipapuro biri mu mbuga. Ku kuba mwarimu agomba kuba intangarugero ku banyeshuri, ibyo ni ibisanzwe mu buzima bwacu dukangurira abarezi kuba intangarugero kandi birubahirizwa.”

Umuyobozi w’ishuri rya APENA Uwimana Faustin na we yagize ati: “Kuri ubu turi kurushaho kongera isuku twigisha abana gusasa neza, dutegura neza aho abana bakura amazi yo kunywa no mu kigo hose kandi by’umwihariko twaganiriye n’abana uko bagomba kwita ku busitani bw’ikigo no kumenya uko bafata ifunguro mu gihe basoje by’umwihariko bagirira isuku imyambaro bambara.”

Ubu bukangurambaga bwa ‘Fresheri ku Ishuri’ bwatangijwe na (MUNEDUC) bugamije kwimakaza isuku by’umwihariko uburyo abana bava mu rugo bameze ndetse no ku ishuri muri rusange.

Mukandayisenga Janvière, Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026
Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi
Amakuru

Ngoma: Uzajya afatanwa icupa rirenze rimwe ry’inzoga zitemewe azajya ahanwa nk’umucuruzi

20/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze
Uburezi

Indi kaminuza igiye gutangizwa mu Mujyi wa Kibungo nyuma y’imyaka itandatu UNATEK ifunze

19/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Ngoma: Impanuka yahitanye umugabo wari kuri moto

Ngoma: Impanuka yahitanye umugabo wari kuri moto

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU