MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Umuyobozi utanga serivisi mbi ntabwo ari Igihugu kiba cyamutumye-Minisitiri Habimana

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
17/05/2026

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique, yagaragaje ko abayobozi batanga serivise mbi atari Igihugu kiba cyabatumye, bityo ko aho abaturage babonye hari ubikora baba bakwiye kubigaragaza uwo muyobozi agahanwa.

Ibi, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa 16 Gicurasi 2026 ubwo yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Ngoma, agasura ibikorwa bitandukanye birimo uruganda One Thousand Hills Products ruherereye hafi y’ikiyaga cya Mugesera, rutunganya rukanumisha inanasi mbere yo kuzohereza ku isoko.

Nyuma yaho yaganiriye n’abayobozi mu byiciro bitandukanye, bo mu Karere ka Ngoma, ibiganiro byibanze by’umwihariko kugutanga serivisi nziza birinda gusiragiza umuturage, kwita ku mahirwe y’iterambere akarere gafite, no kwita ku mishinga na gahunda zifasha abaturage kwivana mu bukene.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, yagaragaje ko rimwe na rimwe hari abayobozi bajya batanga serivisi mbi, bagasiragiza abaturage, avuga ko abaturage bagomba kumva ko mu gihe hari umuyobozi ubahaye serivise mbi baba bakwiye kwibuka ko atari Igihugu kiba cyamutumye.

Yagize ati: “Abaturage bakwiye kumenya ko nk’abayobozi dufite inshingano ikomeye yo gutega amatwi abaturage kandi tukabaha serivisi nziza ku gihe, yihuse kandi inoze. Mu gihe babonye umuyobozi cyangwa undi muntu utanga serivisi utabakiriye neza ntabwo bakwiye kubiceceka cyangwa kubyihererana, umuyobozi utanga serivisi mbi ntabwo ari Igihugu kiba cyamutumye, abayobozi bakwiye kwakira neza abaturage bakabaha serivise nziza kandi vuba.”

Mu bushakashatsi bwakozwe n’urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere (RGB) bwo mu mwaka wa 2025, bugaragaza uko abaturage babona imitangire ya serivise mu nzego z’ibanze, Akarere ka Ngoma bagashimye ku kigero cya 69.4%, mu gihe mu Gihugu hose abaturage bashima serivisi ku kigero 76.7%.

Habimana Dominique, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Abayobozi muri Ngoma basabwe kujya batanga serivisi nziza

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kayonza: Abakuru b’Imidugudu bagaragaje imbogamizi ziri mu rugamba rwo guca inzoga zitemewe
Amakuru

Kayonza: Abakuru b’Imidugudu bagaragaje imbogamizi ziri mu rugamba rwo guca inzoga zitemewe

20/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yaremeye bamwe mu barokotse bafite igishoro gicye mu bucuruzi

Njyanama y'Akarere ka Rwamagana yaremeye bamwe mu barokotse bafite igishoro gicye mu bucuruzi

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU