Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bwiza n’Umukozi ushinzwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage muri aka Kagari gaherereye mu Murenge wa Kigabiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha -RIB, bakurikiranweho kunyereza amabati yari yaragenewe kubakira abatishoboye.
Aba bayobozi bivugwa ko batawe muri yombi ku wa gatanu w’icyumweru gishize nyuma y’amakuru yatanzwe n’abakora irondo ry’umwuga, bari bafatanwe amabati byakekwaga ko bari bibye, nyuma banagaragaza ko n’ubuyobozi bw’Akagari hari ayo bwanyereje.
Hanyurimfura Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro mu kiganiro na MUHAZIYACU yemeje aya makuru avuga ko icyatumye bafatwa ni amabati bakekwaho kunyereza yari yaragenewe kubakira abatishoboye muri gahunda ya tujyanemo.
Ati: “Barakekwaho kunyereza amabati yari yaragenewe kubakira abatishoboye muri gahunda ya Tujyanemo, abafashwe rero ni Gitifu w’Akagari na Sedo.”
Hirya no hino mu gihugu hakunze kugaragara abayobozi b’utugari na ba Sedo bagaragara mu bikorwa bigayitse byo kunyereza ibiba byagenewe abaturage, hari n’abagaragara mu bikorwa bigayitse birimo ubujura.
Urugero ni Sedo wo mu Kagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore, i Gatsibo uherutse gutabwa muri yombi ashinjwa kwiba televiziyo yari yaraguzwe n’abaturage.





