MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Perezida Kagame yavuze impamvu amateka y’u Rwanda akwiye kuvugwa uko ari

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
27/06/2026

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rutagomba kuba ingwate y’abashaka ko amateka yarwo asobanurwa uko babyifuza, ashimangira ko ukuri ku mateka y’Igihugu gukwiye guhora gushingirwaho kandi abayavuga bakayavuga uko ari birinda kuyagoreka.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Kamena 2026, mu nama nyunguranabitekerezo yagarukaga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’Urugamba rwo kuyihagarika no kubohora Igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko hashyizweho uburyo bwinshi bwo gusobanukirwa amateka y’u Rwanda, ariko ko hari abakomeje kuyagoreka cyangwa bakanga kwemera ukuri.

Yagize ati: “Igihugu ntabwo cyaba ingwate ku bantu bo bashaka kugira ngo amateka abe uko bayashaka cyangwa uko bashaka kuyumva bitari uko akwiye kuba ari. Izo mpaka zose zikabona umwanya zikaba, ubushakashatsi, ibintu byinshi bigamije gushakisha ukuri bikaba kandi bikwiye umwanya uhagije, kandi imyaka tumaze uwo mwanya warabonetse kandi waratanzwe keretse kuba twawukoresha nabi.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko nubwo amateka y’u Rwanda arimo ibihe bikomeye, akwiye kuba isomo rifasha kubaka ejo hazaza heza.

Yagize ati: “Ibiganiro biganisha ku mateka yacu, amateka akomeye mu by’ukuri akubiyemo byinshi abantu bagomba kwibuka, bagomba guheraho bubaka Igihugu bundi bushya ngo kibe uko Abanyarwanda bagishaka harimo ndetse n’ibyo abantu bamwe baba badashaka no kwibuka kandi birumvikana, ariko ni ngombwa ko abantu bihangana, bakagerageza kwibuka kuko bivamo amasomo menshi.”

Perezida Kagame yavuze ko abantu batumva amateka kimwe bitewe n’uruhare cyangwa inyungu baba barabayemo, ariko ko ukuri kudakwiye guhishwa.

Yagize ati: “Mu Rwanda rwacu n’amateka yacu icyo tuvuga ni ukuvuga ngo twagize amateka mabi, mabi pe! Mabi nta kubinyura iruhande, ariko se ni byo dukwiriye, ni byo Abanyarwanda bashakaga, niba n’ab’ icyo gihe ari ko bashakaga twe ubu ngubu dufite inshingano yo kuvuga ngo oya, amateka ni ayacu ariko si ko twari dukwiriye kuba tumeze, si ko twari dukwiriye kuba twarabaye ni nacyo kwibohora bivuze. Ibyo ni byo twaberaho, ni nabyo twapfira biramutse ari ngombwa.”

Ibi Perezida Kagame yabivuze mu gihe u Rwanda n’isi, hakizirikanwa iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni.

Ni inama nyunguranabitekerezo yabereye muri Intare Arena i Kigali 

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 
Ubworozi

Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Abangavu babyaye imburagihe biyemeje kubyaza umusaruro umwuga w’ubudozi bigishijwe

Abangavu babyaye imburagihe biyemeje kubyaza umusaruro umwuga w’ubudozi bigishijwe

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU