Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko hari abayobozi bari mu nzego za Leta bakora akazi umunsi ku wundi ariko wareba umusaruro n’aho bifuza kugeza Igihugu ukahabura, akagaragaza ko ibintu bikwiye kuba bikosorwa ntibihore bigaruka buri mwaka, nk’uko bimeze.
Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa 23 Werurwe 2026, mu nama y’abayobozi b’inzego bwite za Leta n’abo mu nzego zegerejwe abaturage, ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuturage Ku Isonga’. Yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda riri i Gako mu Karere ka Bugesera.
Ni inama kandi yiswe ‘Central and Local Government Meeting’ yari igamije kurebera hamwe ibijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba na gahunda z’Igihugu ndetse n’imyanzuro iba yafatiwe mu nama zitandukanye.
Perezida Kagame, yagaragaje ko hari imishinga myinshi yakabaye ikorwa ikagirira abaturage akamaro, hari buri kimwe, abagomba kuyikora nabo bahari kandi bafite ubumenyi ariko ntibagire icyo bakora, agasaba ko niba bibananiye bakwiye kuva mu myanya hakajyamo ababishoboye.
Ati: “Murakora iki muri iyo myanya, mwasezeye mukigira mu byanyu kuko hari benshi bafite ibyo bakora ku giti cyanyu, abantu bahora mu bintu nk’ibi umunsi ku wundi, umwaka ku wundi gute? Ni uko mutumva, ni iki? Buri wese yikorera ibye kubw’inshingano mufite, ntawabaziritse muvemo, hari abandi hanze bashaka kujya muri iyo myanya, buri munsi ni intambara, muvuga ngo mwabisuzumye, twashyizeho intego, ntimwirirwa mufata ibendera mukarahira hanyuma mukigira mu bindi mutarahiriye? Mufite uburenganzira mujye aho mushaka kujya, mufite uburenganzira. Murashaka mwebwe igihugu kimeze gute, murashaka kugikorera iki? Kandi nkasanga ibintu byose birahari, abantu babishinzwe barazwi, niba ari ibikoresho birahari ariko ntawagize icyo akora, murashaka kumera mute?”
Ubushakashatsi bwakozwe n’urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere-RGB, rugaragaza ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivise mu mwaka wa 2025, bwagaragaje ko abaturage bashima serivise bahabwa ku kigero cya 77.1%.








