MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

David TwizeyimanaYanditswe na David Twizeyimana
23/08/2026

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwavuze ko abaturage bagiye gutangira kongera kugurisha inka, nyuma y’uko isuzuma ry’inzobere rigaragaje ko nta yindi ndwara y’Ubuganga bwo mu Kibaya cya Rift Valley (RVF) ikigaragara. Isoko ry’amatungo, rizwi nk’Igikomera, ryafunguwe ku nka, mu gihe andi matungo akomeje gukurikiranwa.

Indwara y’Ubuganga bwo mu Kibaya cya Rift Valley (Rift Valley Fever – RVF) ni indwara yibasira amatungo ndetse n’abantu, ikaba yaratumye hafatwa ingamba zo kuyikumira, zirimo gufunga amasoko y’amatungo, kubuza abaturage kubaha no kurya inyama z’ayo matungo yuza, kubuza amatungo kugenda, kuyakingira no kuyatera imiti yica imibu.

Mu Karere ka Ngoma, nyuma y’igihe amatungo akurikiranwa n’inzobere, Ubuyobozi bw’Akarere bwatangaje ko abaturage bemerewe kongera kugurisha inka.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yabwiye MUHAZIYACU ko icyemezo cyo gufungura isoko ry’inka cyafashwe nyuma yo gusanga nta zindi ndwara zikigaragara.

Yagize ati: “Nyuma y’uko hagiyeho ingamba zo guhasha icyorezo, harimo ibikorwa birimo gufuherera amatungo, kuzibuza kugenda, ubu turi kumwe n’inzobere zigenda zikurikirana, ubu rero nyuma y’uko basanze nta yandi ma case ahari, byasanze ari ngombwa ko amasoko yafungura ariyo dukunze kwita Igikomera kugira ngo nibura abantu bagurishe amatungo y’inka, kugira ababyeyi babashe kujyana abana ku mashuri.”

Niyonagira yavuze ko kugeza ubu ingamba zo gufungura zatangiriye ku nka, mu gihe andi matungo akomeje gukurikiranwa.

Ati: “Ubu twahereye ku nka, andi matungo nayo arimo arakurikiranwa kandi nubwo amatungo azagurishwa, uzakenera kuyibaga azajya abanza ayisuzumishe harebwe ko ayo matungo ari mazima. Abakora umwuga wo kubaga turabagira inama y’uko bakurikiza amabwiriza ku buryo bitangira ingaruka.”

Yavuze ko gufungura isoko bizatuma abaturage bongera kubona ubushobozi bakura mu bworozi, by’umwihariko mu gihe ababyeyi bakeneye amafaranga yo kwishyurira abana amashuri.

Yagize ati: “Ubu nidufungura abantu bazabaga nta kibazo, inyama zongere ziboneke. Abaturage twabasaba gukomeza kwirinda kuko icyorezo iyo cyaje cyangiza byinshi, harimo guhora bafuherera, bakabigira umuco, bagashaka umuti. Abaturage kandi bagomba kwirinda umubu kuko niwo ukwirakwiza ubu burwayi, ifumbire bajye bayishyira mu ngarane hirya y’ikiraro, ku buryo bibuza umubu kororoka.”

Biteganyijwe ko igikorwa cyo kongera gufungura isoko ry’inka mu Karere ka Ngoma kiratangira kuri wa 24 Kanama 2026.

Ubuyobozi bukomeza gusaba abaturage gukurikiza amabwiriza y’inzobere, gukomeza gufata neza amatungo no gutanga amakuru igihe hari itungo rigaragaza ibimenyetso by’indwara.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

David Twizeyimana

David Twizeyimana

Izo bijyanye

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026
Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana
Amakuru

Expo-Kayonza: Nta cyuma ibyishimo birahari-Meya Hategekimana

22/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU