Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ikomeje urugamba rwo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, imibare mishya ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza uburemere bw’ingaruka ziterwa no kunywa inzoga n’ibinyobwa byangiza ubuzima.
Mu mezi atandatu ashize, abantu 11,000 bamaze kuba imbata z’inzoga, ibintu inzego z’ubuzima zigaragaza nk’ikibazo gikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage, imiryango ndetse n’iterambere ry’Igihugu.
Uretse umubare munini w’ababaswe n’ubusinzi, imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko abantu 500 bageze kwa muganga nyuma yo kunywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.
Muri bo, 50 bahasize ubuzima, mu gihe 100 bagize ubumuga bwo kutabona, naho 20 bakomeje kuvurwa indwara zikomeye zifata ubwonko.
Iyi mibare igaragaza ko ikibazo kitakiri icy’abanywa inzoga gusa, ahubwo cyahindutse ikibazo cy’ubuzima rusange gisaba ubufatanye bw’inzego za Leta, imiryango n’abaturage kugira ngo gikumirwe.
Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, Guverinoma yahagaritse inganda n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, inasaba abaturage guhagarika kubinywa no gutanga amakuru ku bantu bakibikora cyangwa bakibicuruza.
Inzego z’ubuzima zikomeza kwibutsa abaturage ko kunywa inzoga nyinshi cyangwa izitujuje ubuziranenge bishobora guteza indwara z’umwijima, impyiko, ubwonko n’izindi ndwara zidakira, ndetse bikaba byanaviramo umuntu urupfu.






