Mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League, ikipe ya Sunrise FC ifashwa n’uturere twa Nyagatare na Gatsibo yakomeje kongera imbaraga abakinnyi bayo, ubu ikaba yasinyishije abakinnyi bane bashya bazayifasha mu mwaka w’imikino wa 2026-2027.
Abakinnyi bashya basinyiye Sunrise FC ni Mousa Ndusha, ukina hagati asatira izamu (No.10), wasinye amasezerano y’igihe cy’imyaka ibiri.
Undi ni Hakizimana Adolphe, wakiniraga Gasogi United, ukina inyuma hagati (Centre Back), na we wasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Sunrise FC kandi yasinyishije myugariro Essaga Lekoua Francis ukomoka muri Cameroon, ukina nka Centre Back, na we wasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Uwa kane ni Ndikumana Arteta, wari usanzwe akinira Gicumbi FC, wasinyiye Sunrise FC amasezerano y’imyaka ibiri.
Izi mpinduka zije nyuma y’uko Sunrise FC yongeye kuzamuka mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho ubuyobozi bw’iyi kipe bukomeje kubaka ikipe ikomeye izahangana n’andi makipe akomeye muri BK Pro League.
Abafana ba Sunrise FC bari bamaze igihe basaba ko ikipe yakongeramo abakinnyi bafite ubunararibonye n’ubushobozi, kugira ngo izabashe guhatana neza mu mwaka wayo wa mbere nyuma yo gusubira mu cyiciro cya mbere.






