Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 15 y’abatutsi bishwe mu cyahoze ari Komini Gashora igizwe n’imirenge ya Rilima, Gashora, Juru na Rweru.
Iyi mibiri 15 yashyinguwe kuri uyu wa 11 Mata 2024 yabonetse mu mirenge itandukanye, aho 7 yabonetse mu Murenge wa Gashora, 6 iboneka mu Murenge wa Rweru n’indi 2 yabonetse mu Murenge ya Rilima.
Karebwayire Edith warokotse Jenoside, ni umwe mu bagize imiryango yashyinguye ababo mu cyubahiro, avuga ko kubona imibiri y’ababo bakayishyingura mu cyubahiro bibaruhura umutima.
Ati: “Kubona abacu aho biciwe cyangwa tukababona aho bajugunywe ubu tukaba tubashyinguye mu cyubahiro ni iby’agaciro kuko bituruhuye umutima nyuma y’imyaka 30 ishize bishwe.”
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard asaba abantu bafite amakuru kugira imbaraga zo kuyatanga kugira ngo bakomeze gutera intambwe mu kwimakaza ubumwe n’Ubudaheranwa.
Ati: “Abantu baba bazi amakuru bagire imbaraga zo kuyatanga berekane aho abantu bajugunywe, dufatanye kubashakisha nitubabona bizaruhura benshi.”
Muri iki gikorwa hanazirikanwe ubutwari bwaranze abiciwe ku biro by’icyahoze ari Komini Gashora, kuko n’ubwo haguye benshi ariko bari babanje kwirwanaho bakoresheje intwaro gakondo.
Bagerageje kurwanya ibitero bitandukanye bagabwagaho n’interahamwe, ariko bagera igihe barananirwa kuko interahamwe zaje gufashwa n’abasirikare n’abapolisi bari bafite imbunda.
urwibutso rwa Jenoside rwa Gashora rusanzwe ruruhukiyemo imibiri 5214.







