MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Urumogi, inzoga zitemewe, n’inzererezi: Uko umutekano wagenze muri Noheli n’Ubunani Iburasirazuba

Noel ManishimweYanditswe na Noel Manishimwe
01/01/2020
ACP Hatari Emmanuel, Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba

ACP Hatari Emmanuel, Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba iratangaza ko mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2019, n’itangira umushya wa 2020 hari abafatanywe ibiyobyabwenge, hafashwe inzererezi, ndetse hakaba n’abagaragayeho gukubita no gukomeretsa.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya mbere Mutarama 2020 Umuvugizi wa Polisi  mu Ntara y’Iburasirazuba  CIP Twizeyimana Hamdun yabwiye muhaziyacu.rw  ko mu majoro ashyira Noheli n’iry’Ubunani nta kintu na kimwe kidasanzwe cyagaragaye cyahungabanyije umutekano muri rusange.

Gusa CIP Twizeyimana avuga ko mu igenzura  Polisi yakoze hirya no hino mu turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba ku mugoroba ushyira Ubunani hari abatawe muri yombi barimo abafatanywe ibiyobyabwenge.

Yagize ati: “ Ejo (tariki 31 Ukuboza 2019) mu masaha y’umugoroba guhera saa kumi, saa kumi n’imwe, mu igenzura ry’umutekano  Polisi yakoze hari abafashwe barimo umuntu wo mu  Karere ka Kirehe wafatanywe ikiyobyabwenge cy’Urumogi ikiro kimwe.”

Mu Karere ka Ngoma kandi hari uwafatanywe inzoga zitemewe zitwa Inkanika, zingana na litiro 160, ndetse hanafashwe abantu b’inzererezi Umunani muri Ngoma.

Kuri Noheli, hari ahagaragaye gukubita no gukomeretsa

Nyuma gato ya Noheri, ACP Emmanuel Hatari Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yatangaje ko mu minsi isoza umwaka wa 2019  hari ahagaragaye ibikorwa bitobito bitari byiza.

Yabivuze ubwo yari mu Karere ka Ngoma, muri rusange ashima imyitwarire yaranze abatuye Iburasirazuba kuri uwo munsi nubwo ngo hari “utuntu tutari twiza” twagaragaye.

Yagize : “Umutekano wabaye mwiza rwose, ariko hari ahagaragaye guhohoterana, kurwana, gukubita no gukomeretsa, bishingiye ku byishimo byarenze  urugero.”

ACP Hatari avuga ko mu gihe cy’ibyishimo by’iminsi mikuru abantu batabuzwa kwishimisha no gushimishanya, ariko baba bagomba kubikorana ikinyabupfura.

Ati: “Igihe turimo twizihiza iminsi mikuru dukwiye kwishima, kwishimana ariko nta guhohotera mugenzi wawe. Dukore ibyo dukora mu kinyabupfura kugira ngo bya byishimo bitavamo kubabara. Iyo utumye mugenzi wawe ajya mu bitaro, ubwo bya byishimo biba bibaye imfabusa. Iyo bitumye usoreza muri kasho, nta cyo uba wakoze.”

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba itangaza ko mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani nta mpanuka yo mu muhanda yahagaragaye.

Mu rwego rwo gukomeza gusigasira umutekano w’Abaturarwanda, Polisi isaba buri wese ‘kumva ko umutekano ari inshingano ye’ no kwihutira gutanga amakuru kuri Polisi n’inzego zifatanya na yo gucunga umutekano kugira ngo mu gihe hari ahagaragaye uwahungabanya umutekano izo nzego zibiburizemo, ndetse zinafate abakekwaho ibyo byaha; bashyikirizwe ubutabera.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp

UMWANDITSI

Noel Manishimwe

Noel Manishimwe

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 
Ubworozi

Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira

Icyatumye Rwamagana irindimuka mu bucuruzi n'uko mbere bwakorwaga

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU