MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Ngoma : Umusore yarohamye mu mazi arapfa

EditorYanditswe na Editor
28/05/2020
Ikinyonzo cyo muri Cyasemakamba na cyo giherutse kugwamo umusore (Ifoto: UMUSEKE)

Ikinyonzo cyo muri Cyasemakamba na cyo giherutse kugwamo umusore (Ifoto: UMUSEKE)

Umusore w’imyaka 19  yapfuye nyuma yo kurohama mu mazi  yaretse ahantu mu binogo  bita ‘ikinyonzo’  mu Kagari ka Muzingira, Umurenge Mutenderi, Akarere ka Ngoma.

Amakuru  agera kuri MUHAZIYACU agaragaza ko ibi byabaye  ahagana i saa moya n’igice z’umugoroba  kuri uyu wa Gatatu , tariki ya 27 Gicurasi 2020,  mu  Mudugudu w’Umuyange, aho abasore batatu barimo babiri b’imyaka 20 na nyakwigendera w’imyaka 19 ngo bari bagiye koga rwihishwa.

Ngo babiri muri aba basore bari basanzwe bazi koga bajyana na mugenzi wabo bagiye kumwigisha, bageze muri ayo mazi uwo utari azi koga ararohama, birangira apfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutenderi Ngenda Mathias yahamirije  MUHAZIYACU  iby’aya makuru.

Ati: “Ni abana b’abasore kubera imyaka  yabo baba bacunga abantu, baduciye mu rihumye  bagenda nijoro saa moya  n’igice, urumva icyo gihe ntawatekereza ko umuntu yajya mu mazi. Bagiye  ari batatu,  babiri bazi koga bajyanye mugenzi wabo ngo bagiye kumwigisha, bagezeyo bagera ahantu hari amazi menshi ararohama, bananirwa kumukuramo.”

Akomeza agira ati: “ Hari ikinyonzo kimaze igihe, kirahasanzwe ariko igihe cy’imvura iyo amazi yazamutse dukumira abana ngo batajyayo kwidumbaguza  bagiye koga, kandi rwose hari umutekano uhagije. Rero, kubera byari nijoro bamaze kubona mugenzi wabo bigenze gutyo, bagize ubwoba, ariko  ni nabo bahise baza kubivuga nyuma,  tujyayo dufatanya n’abaturage   gukuramo umurambo wa nyakwigendera.”

Ubu umurambo  wa nyakwigendera  wajyanywe gukorerwa isuzuma ku Bitaro bya Kibungo.

Gifitu Ngenda uyobora Mutenderi  avuga ko ari inkuru ibabaje  ariko hahise hakomeza gukazwa ingamba zo gucunga umutekano no gukumira abantu kujya kuri icyo kinyonzo, bikajyana no gusaba ababyeyi  ubufatanye mu kurinda abana babo.

Umusore warohamye mu kinyonzo agapfa i Mutenderi  yitwa Nteziryayo Théogene  yari afite imyaka 19.

Muri uku kwezi kwa Gicurasi 2020 tariki ya 15, nabwo umusore w’imyaka 18 yarohamye mu kinyonzo kiri mu Mudugudu wa Bwiza, mu  Kagari ka Cyasemakamba, Umurenge wa Kibungo arapfa.

Mu Murenge wa Mutenderi kandi mu ijoro ryo ku wa 20 no mugitondo cyo ku wa 21 Gicurasi 2020 abantu babiri  barohamye mu mazi yatewe n’umwuzure barapfa.

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Akarere ka Ngoma

UMWANDITSI

Editor

Editor

Izo bijyanye

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa
Amakuru

Ngoma: Isoko ry’inka (Igikomera) ryongeye gufungurwa

23/08/2026
Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo
Amakuru

Bugesera: Abangavu 59 basoje ingando ziswe Igikari Holiday Camp bigiyemo umuco no guhangana n’ibibazo

23/08/2026
Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima
Urubyiruko

Kirehe: Urubyiruko rwibukijwe ko gutanga amakuru ku biyobyabwenge ari ukurengera ubuzima

23/08/2026
Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene
Abagore

Abagore b’i Kirehe basabwe umusanzu mu gufasha imiryango 24,500 kwikura mu bukene

23/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwamagana: Ikibazo cy’imihanda muri Munyaga kibangamiye ubwikorezi bw’umusaruro

Rwamagana: Ikibazo cy'imihanda muri Munyaga kibangamiye ubwikorezi bw'umusaruro

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU