MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
MUHAZI YACU
  • AHABANZA
  • Amakuru
  • Ishoramari
  • Ubukerarugendo
  • Ubuhinzi & Ubworozi
  • Siporo & imyidagaduro
MUHAZI YACU
Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose

Abana b’inzererezi bakomeje kwiyongera mu Mujyi wa Rwamagana

Dedios NsabimanaYanditswe na Dedios Nsabimana
08/02/2020
Umwana azerera mu muhanda i Rwamagana. Abahatuye n'abahakorera bavuga ko abana bo ku muhanda biyongereye.

Umwana azerera mu muhanda i Rwamagana. Abahatuye n'abahakorera bavuga ko abana bo ku muhanda biyongereye.

Abatuye n’abakorera mu mujyi wa Rwamagana baratangaza ko babangamiwe n’abana b’inzererezi bakomeje kwiyongera muri uyu mujyi.

N’ubwo ubuyobozi bw’akarere bugaragaza ko bushyira imbaraga mu gushyira aba bana mu bigo bibasubiza mu buzima busanzwe ndetse no kubasubiza mu miryango yabo, abamenyereye uyu mujyi bavuga ko abana ku mihanda yawo ari benshi kurusha uko byahoze.

Abana baba ku mihanda y’Umujyi wa Rwamagana ngo bakora cyane ibikorwa by’urugomo, ubujura no gusabiriza.

Umucuruzi w’imbuto yabwiye Muhaziyacu ko aba bana bagira imyitwarire mibi, ndetse ko cyane cyane iyo bugorobye baba bashaka ko umucuruzi agira icyo abaha, ndetse anavuga ko iyo ubyanze bashobora kumumenesha ibyo yikoreye cyangwa bakaba banamutera amabuye.

Ati: “Birahangayikishije kubona umwana ashobora gutinyuka umuntu mukuru akaba yamutera ibuye, bafite ikinyabupfura gike cyane; nta burere bahawe n’ababyeyi babo, rero ni ikibazo kibangamiye umujyi wa Rwamagana rwose.”

Abenshi ngo si ab’i Rwamagana mu mujyi, kuko ngo haba hari abavuye mu mirenge ihana imbibi n’uyu mu mujyi, cyangwa bavuye mu turere duturanye na Rwamagana, nka Kayonza na Ngoma.

Avuga ko ubuyobozi bukwiye kugira icyo bubikoraho.

Abana bateye umugongo uwafotoraga baba ku mihanda yo mu Mujyi wa Rwamagana; bakoraniye imbere y’inzu y’ubucuruzi mu masaha ya kumanywa. Akenshi aba bana umuntu mukuru babonye bamusanganira bamusaba ko abaha amafaranga yo kugura icyo kurya.

Kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yasubije Muhaziyacu ko abo bana baturuka ahantu henshi hatandukanye, ariko ko bahora bafata abana nk’aba ngo babafashe.

Yagize ati: “Abo dufashe binjiye mu mujyi wa Rwamagana, tubanza kubanyuza ahantu kugira ngo dufate imyirondoro yabo, dufate ababyeyi babo cyangwa abo bafitanye amasano ba bugufi bashobora kubarera, twaba tubabonye tukabatumaho, tukaganira na bo, ndetse bakahava banditse ko bagiye gukomeza uburere bw’abana babo.”

Yavuze ko abo batabashije kubonera imiryango ya hafi ibarera, Akarere gafitanye amasezerano n’ikigo kitwa “Imizi”, niho bohereza aba bana bakaba ari na ho bakomereza amasomo yabo, hanyuma Akarere nako kakagira inkunga gatera iki kigo gifasha aba bana mu myigire no mu mibereho.

Meya avuga ko iyo basanze umwana ari uwo mu kandi karere, bakorana n’ubuyobozi bw’akarere aturukamo, kuburyo babasubiza mu muryango.

Yongeye at: “Ariko ni urugamba ruhoraho kuko abenshi banafite ababyeyi, ugasanga bivuye nko ku makimbirane yo mu rugo, cyangwa bivuye ko batandukanye buri umwe wese akishakira undi mugabo cyangwa undi mugore, bakananirwa kubana na ba bana.”

Avuga ko abari mu kigo bameze neza uyu munsi, ndetse akanashishikariza abafatanyabikorwa n’abandi banyarwanda muri rusange gufata aba bana, “kuko abana ntabwo barererwa mu bigo by’imfubyi, cyangwa muri centres nka ziriya,” ahubwo ngo bahaba kugira ngo bagororoke.

Muhaziyacu yanamenye ko bamwe batoroka ikigo bajyanywemo bakisubirira ku mihanda, maze ngo nyuma bakongera kwifuza kugisubiramo, dore ko akenshi ku muhanda batungwa no gusabiriza.

Meya Mbonyumuvunyi avuga ngo uru ari “urugamba ruhoraho” rwo gukurikirana abo babyeyi kugira ngo bubahirize inshingano zabo, akongeraho ati, “kandi ntabwo tuzananirwa cyangwa ngo ducike intege.”

Sangiza iyi nkuru:

  • Tweet
  • Share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Share on Telegram (Opens in new window) Telegram
  • Share on Reddit (Opens in new window) Reddit
  • Share on Tumblr
  • Email a link to a friend (Opens in new window) Email
  • Print (Opens in new window) Print
Sangiza kuri FacebookSangiza kuri XSangiza kuri Whatsapp
Tags: Abana bo ku muhandaRwamagana

UMWANDITSI

Dedios Nsabimana

Dedios Nsabimana

Izo bijyanye

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi
Abagore

Guverineri Rubingisa yasabye abagore b’i Gatsibo kwita cyane ku nshingano za kibyeyi

22/08/2026
Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta
Uburezi

Kirehe yongeye kuza ku isonga mu mitsindire y’ibizamini bya Leta

20/08/2026
Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi
Ubworozi

Ubuvumvu bwahinduriye ubuzima ab’i Gahara bahoze mu ngeso mbi

19/08/2026
Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 
Ubworozi

Rwamagana: Abaturage bahangayikishijwe n’ifungwa ry’isoko ry’amatungo 

18/08/2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru ikurikira
Rwamagana: Umukozi w’Umurenge yasanzwe iwe yapfuye

Rwamagana: Umukobwa yagiye gusura umuhungu apfira iwe

MUHAZI YACU

© 2025 MUHAZI YACU

ABO tURIBO

  • Abo Turibo
  • Twandikire

Dukurikire

Nta gisubizo
Reba ibisubizo byose
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Ubukerarugendo
  • Mu Mafoto
  • Siporo & imyidagaduro
  • Abo Turibo
  • Twandikire

© 2025 MUHAZI YACU